09/09/2015
Bidatinze, ugiye
kujya wohereza
ukanakira
ubutumwa niba
ukoresha
Nyuma yo kumara igihe
kitari gito ikoreshwa
n’abantu batandukanye
kandi baherereye mubice
bitandukanye by’Isi,
porogarame imaze kumenyerwa n’abantu
batari bake cyane cyane
ibyamamare igiye
gushyiraho uburyo
bushya bwo kohereza no
kwakira mesaje hagati y’abantu bafitanye
ubushuti. Ibi bikaba ari
ukuvugurura uburyo
bwari busanzweho aho
wajyaga kuri uru rubuga
ukabasha kureba ibintu
bitandukanye abantu bagiye bashyiraho hariho
kubikunda (like),
cyangwa se
ugakurikirana ibyo
bazajya bashyira
kurukuta rwabo (following). ikaba igiye
kubazanira uburyo bushya
kandi buzorohereza buri
wese ufite konti kuri uru
rubuga aho ashobora
kuzajya yandikirana mu ibanga na mugenzi we
cyangwa bagakoresha
uburyo bwa groupe
hagati y’abantu runaka. Nkuko byatangajwe na
bwana LinkedIn Corp ari
nawe uhagarariye uru
rubuga, yavuze ko
bidatinze hagiye kuza
uburyo bwo kuganira ninshuti yawe mu ibaga
benshi bita mururimi
rw’icyongereza, inbox. ibi
bikaba bishobora
kuzatuma abantu batgari
bake bakunda instagram ndetse bakanayikoresha
birenze ibyari bisanzwe. Kugez’ubu instagrama
ikaba imaze kubona
abantu barenga miliyoni
300 bayikoresha umunsi
ku wundi aho baba
bagaragaza amafoto, ibyiyumviro ndetse
batanga n’ibitekerezo
bitandukanye. ubu buryo
bwose bwari busanzwe,
bukaba bwakorwaga
neza ariko ntihabashe kuba ikiganiro hagati
y’abantu babiri. Twababwira ko abantu
bagiye gutangira
gukoresha ubu buryo ari
abafite
version 7.5 ya iOS hamwe
n’abakoresha telefone zirimo Android.